MU KARERE KA BUGESERA HATANGIRIJWE UBURYO BWO KURWANYA MALARIYA HAKORESHEJWE ‘DRONE’

Ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima-RBC na GIZ batangije igikorwa cyo gutera imiti yica imibu hifashishijwe indege nto zitagira abapiloti zizwi nka drone mu bishanga bitandukanye byo muri aka Karere, hagamijwe kurandura Malariya.

Igikorwa cyo gutangiza iyi gahunda cyabereye mu Murenge wa Ruhuha mu gishanga gihuza Imirenge ya Ruhuha na Mareba.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami rishinzwe kurwanya Malaria mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima-RBC, Dr Mbituyumuremyi Aimable, avuga ko mu guhitamo uyu murenge iki gikorwa cyabereyemo ari uko ubushakashatsi bwagaragaje ko ari ho hakunze kugaragara Malariya kuko hari igishanga.

Ati: “Aha mu Murenge wa Ruhuha twahakoreye ubushakashatsi muri 2015, tuza gusanga y’uko imibu yororokera mu bishanga by’imiceri ariko ikanororokera no mu ngo, ahantu hose hareka amazi. Ubu rero Minisiteri y’Ubuzima ishyize imbere uburyo bwo kwirinda dukoresha inzitiramibu, tugakoresha no gutera imiti imbere mu nzu.”

Akomeza agira ati: “Iyi drone rero izadufasha gukora vuba twihuse, izadufasha ku buryo twatera ahantu hanini hari amazi  kuko zizajya zibanza zirebe ahantu hose hari amazi, hanyuma ziduhe amakuru aho hantu hose, mu cyumweru gikurikira dutegure uburyo bwo kurwanya imibu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard avuga ko iki gikorwa ari kimwe mu buryo bushya Akarere kiyemeje mu kurandura Malariya ikunze kwibasira abaturage bo mu mirenge ya Kamabuye, Ruhuha n’ahandi.

Yagize ati: “Malariya ni imwe mu ndwara zitwara ubuzima bw’abaturage bacu. Hagiye hakorwa byinshi kugira ngo turwanye Malariya kandi nk’uko tubizi iterwa n’umubu. Ubu rero intambara yose turwana ni ukwica uwo mubu, ni ukuwubuza kororoka , ni ukuwubuza kugera mu baturage bacu.”

Meya Mutabazi kandi avuga ko kwifashisha drone bizahindura byinshi mu kurwanya Malariya.

Ati: “Icyo iza guhindura aho dufuhira,aho twica imibu,akenshi tuyica yamaze gukura. Yaba gufuhera mu nzu, iyo tuvuze inzitiramibu ni ukugira ngo wirinde umubu wakuze ariko ubu turashaka gukoresha drone kugira ngo umubu tuwusange aho wororokera mu bishanga n’ahandi hanyuma tuyice itarakura. Tugiye gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya malariya.”

Umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga mu kurwanya malaria uzakorerwa mu mirenge ine yo mu Bugesera ariko tugiye guhera muri Ruhuha aho tuzatera imiti irwanya malaria kuri hegitari zirenga 93 mu bishanga bihingwamo umuceri.

Mu kwezi k’Ukwakira kwa 2024, abarwayi ba Malaria babonetse, bageraga ku 112, 000, aho 52% muri abo baturuka mu turere twa Gisagara, Bugesera, Gasabo, Kicukiro, Nyanza, Nyamasheke na Nyagatare.