MENYA UKO AMAKIPE AZAHURA MURI 1/2 MU IRUSHANWA UMURENGE KAGAME CUP 2026
Nyuma yuko mu Karere ka Bugesera hakinywe imikino ya 1/4 cy’irushanwa Umurenge Kagame Cup, yasize amakipe ya Kamabuye, Ruhuha, Ntarama na Rilima mu bagabo ndetse na Mwogo, Musenyi, Ngeruka na Rweru ma bagore akatishije itike yo kujya mu mikino ya 1/2 cy’irangiza muri irushanwa.
Mu mikono yabaye ku wa Gatanu tariki ya 23 Mutarama 2026, mu bagore Mwogo yatsinze Kamabuye igitego 1-0, Musenyi yasezereye Ntarama kuri penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 1-1, Shyara yatsinze Ngeruka kuri penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 1-1, na Rweru yatsinze Rilima 2-0.
Mu cyiciro cy’abagabo, Kamabuye yatsinze Mwogo ibitego 2-0, Ruhuha itsinda Nyarugenge 3-0, Rilima itsinda Rweru 2-1, naho Ntarama itsinda Mareba ibitego 4-0.
Mu mikino ya 1/2 mu bagabo ikipe y’umurenge wa Rilima izahura na Kamabuye ku kibuga cy'umupira cya Nyabagendwa, Ruhuha ihure na Ntarama ku kibuga cya Kindama.
Mu bagore, Musenyi izahura na Mwogo, zikinire ku kibuga cya Nyagihunika, Rweru ikine na Shyara ku kibuga cya Kindama
Iyi mikino iteganyijwe gukinwa kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 30 Mutarama 2026 nk’uko biteganywa muri gahunda y’iri rushanwa.


