Imirenge n’utugare muri Bugesera dufite Internet ya 4G

Intumwa za Rubanda bari muri komisiyo y'ikoranabuhanga, umuco na siporo mu inteko ishingamategeko ziyobowe na  Hon. Bugingo Emmanuel, ari kumwe na Hon. Umukobwa Justine na Hon. Mbonyimana Gabriel  basuye AKarere ka Bugesera. Izo ntumwa za rubanda Barareba ushusho nyayo y’uburyo ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga bikwirakwizwa mu Karere ka Bugesera.

Umukozi  ushinzwe ikoranabuhanga mu Karere kabugesera Mbonyumuvunyi Sixbert avuga ko ibigo bitanga servisi z’ikoranabuhanga ari 24, imirenge 15 n’utugari 72 bifite Internet 4G, ibigo by’amashuri, ibigo nderabuzima, ibigo by’imari na banki bikorera mu Karere ka Bugesera bigerwaho na servisi z’ikoranabuhanga. Ibyo bishoboka kubera iminara igera mu duce twose tw’Akarere

Nk’uko Barera Paul uhagarariye  ikigo gitanga serivisi z’ikoranabuhanga mu Karere ka Bugesera yabitangarije intumwa za rubanda; abakozi 3500 babonye akazi muri serivisi z’ikoranabuhanga zitangwa n’Irembo.

Imbogamizi ziracyagaragara mu bikorwa by’ikoranabuhanga. Abatanga serivisi z’ikoranabuhanga   bavuga ko hakigaragara uduce tumwe tutagerwaho n’iminara cyane cyane mu bice byegereye umupaka w’igihugu cy’u Burundi, abaturage badafite ubumenyi bahagije ku iryo koranabuhanga, abakozi badakurikira umunsi ku wundi ibyakorewe muri iryo koranabuhanga bigatuma serivisi zihabwa abaturage zitihuta.